01/03/2025
PASITERI WAJYAGA IKUZIMU PART 1
Mu myaka yashize mujyi wa Kigali, habaga umupasiteri witwa Samuel wari uzwiho gukora ibitangaza bikomeye.
Yavugaga ko afite imbaraga zituruka ku Mana, ariko mu byukuri imbaraga yakoranaga na zo ntizari izo mu ijuru.
Abantu baturukaga imihanda yose baje kureba ibyo yakoze.
Yakizaga abamugaye, agahumura impumyi, ndetse rimwe na rimwe abantu bapfuye bakazuka!
Mbese uwavuga ko yakoraga ibitangaza nk'ibya Yesu ntiyaba abeshye
Ariko hari ikintu abantu batari bazi:
Ibyo byose byaturukaga ku masezerano yagiranye nimbaraga z'umwijima.
Mu mezi atandatu mbere yuko Samuel atangira gukora ibitangaza, yari umupasiteri usanzwe, atagira ububasha bwihariye. Yifuzaga kwamamara, akaba umuvugabutumwa ukomeye
,akajya asengera Abaperezida nibindi bikomerezwa.
Ijoro rimwe, ubwo yasengaga wenyine, yumvise ijwi rimubwira riti:
"Niba ushaka imbaraga, manuka i Ku*imu, maze tugirane isezerano."
Yaratunguwe, ariko iryo jwi rikomeza kujya rimuvugisha buri munsi.
Byageze aho arinanirwa, afata icyemezo cyo gukora ibishoboka byose ngo agire izina rikomeye.
Yagiye mu cyumba cye cyibanga,afungura igitabo cyumwijima, yikata mu kigaza yandika izina rye namaraso ye, maze abona igicucu kinini kinjira mu cyumba.
Atangira kumva rya jwi rimubwira ngo "Wakiriye amasezerano. Uzakora ibitangaza, ariko buri mezi atatu, ugomba gutanga igitambo cyumuntu."
Samuel ibyo ntiyari abyitayeho.
Icyari kimushishikaje ni uko agiye kuba Pasiteri ukomeye!
Kuva uwo munsi, yatangiye kugira ubushobozi budasanzwe.
Yakoraga ibitangaza abantu bakamukurikira, atangira gukira, agura imodoka zihenze, yubaka urusengero runini kandi rwiza.
iminsi yaricumye, igihe cyo gutanga igitambo kiragera